Polisi y’u Bufaransa kuri uyu wa 18 Nyakanga 2020 yataye muri yombi Umunyarwanda ufite imyaka 39 y’amavuko kugira ngo abazwe iby’inkongi yafashe Katedarali ya Kiliziya Gatolika ya Nantes mu Bufaransa.
Igitangazamakuru Le Figaro kivuga ko uyu Munyarwanda yakoreraga kuri iyi Katedarali nk’umukorerabushake. Ku wa Gatanu, umunsi wabanjirije inkongi ni we wafunze imiryango y’iyi kiliziya.
Umushinjacyaha wa Nantes, Pierre Sennès yasobanuye ko ariko nta kidasanzwe cyabaye ku itabwa muri yombi ry’uyu Munyarwanda utatangarijwe amazina, kuko ari bwo buryo iperereza risanzwe rikorwamo, uwatawe muri yombi akabazwa ibimureba.
Iyi kiliziya izwi nka Saint Pierre et Saint Paul yafashwe n’inkongi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga, yubatswe kuva mu 1434 yuzura neza mu 1891. Mu 1862, Minisitiri w’Umuco w’u Bufaransa yagize iyi kiliziya ahantu nyaburanga.
Tariki ya 28 Mutarama 1972 na none, iyi Katedarali yafashwe n’inkongi ikomeye yangije igisenge cyayo. Byatumye ibikorwa byo kuyisengeramo bihagarara kugeza mu 1975 ubwo kuyisana byarangiraga.

Katedarali ya Nantes ifashwe n’inkongi nyuma ya Notre Dame de Paris yahiye kuva tariki ya 15 kugeza tariki ya 16 Mata 2019, yangirika bikomeye. Abayobozi bakomeye ku Isi bababajwe n’iyi nkongi, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yiyemeza gutanga inkunga ye mu kuyisana.




2 Responses
Umunyarwanda yafunzwe ngo abazwe iby’inkongi yafashe Kiliziya ya Nantes
Uwo munyarwanda yitwa nde? Imyaka ye ngo ni 39. Yageze mu Bufaransa ate? Ryari?
Umunyarwanda yafunzwe ngo abazwe iby’inkongi yafashe Kiliziya ya Nantes
Uwo munyarwanda yitwa nde? Imyaka ye ngo ni 39. Yageze mu Bufaransa ate? Ryari?