Umunyarwanda yirukanwe muri Tour du Rwanda anacibwa amande

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwanda Ngendahayo Jérémie ukinira ikipe ya May Stars, yakuwe muri Tour du Rwanda anacibwa amande azira gufata ku modoka.

Uyu musore yakoze ayo makosa ku wa Gatatu tariki ya 21 Gashyantare, ubwo hakinwaga agace ka kane ka Tour du Rwanda kavaga i Karongi kerekeza i Rubavu.

Amande ya Frw 290,000 ni yo uyu musore yaciwe, hejuru yayo anakurwaho amanota 50 ku rutonde rw’Impuzamashyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI).

Agace ka kane ka Tour du Rwanda kegukanwe n’Umubiligi William Junior Lecerf usanzwe akinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo.

Byari mbere y’uko aka gatanu kakinwe kuri uyu wa Kane gatwarwa n’Umufaransa Pierre Latour wa Total Energies y’iwabo.

Soma Izindi Nkuru

3 Responses

  1. Umunyarwanda yirukanwe muri Tour du Rwanda anacibwa amande
    N’ubundi ariko arereba nk’umuntu w’umunyonzi usanzwe utazi gusoma no kwandika. Ndabona ari ingegera batoraguye. Iyi Team ni iyahehe ikoresha abakinnyi batazi amategeko koko. Ni akumiro n’agatendo mu mateka ya Cycling🙊

  2. Umunyarwanda yirukanwe muri Tour du Rwanda anacibwa amande
    Gufatakumodoka Kandi Aziko Ari Mwirushanwa Namakosa Yakozegose Nonese Amanota Mirongo Itanu Akuweho Siwe Ubiteye Ndumva Ariwe Wizize Gose Ntabirakarire .

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *