Ku wa 18 Mata 2018, nibwo humvikanye mu bitangazamakuru inkuru y’umunyarwandakazi, Nkomeza Christine wari wahawe amasaha 48 ngo abe yavuye ku butaka bw’u Burundi, ubu amakuru agera kuri Bwiza.com, avuga ko uyu mugore yafashwe akaba afungiye muri gereza ya Mpimba mu Burundi .
Nkomeza Christine yari yahawe amasaha 48, havugwa ko ari ku mpamvu zijyanye n’umutekano w’igihugu cy’u Burundi b’abagituye, yashinjwaga kuba intasi y’u Rwanda.
Ku wa 18 Mata 2018, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yari yasohoye itangazo isaba Christine kuva mu Burundi bitarenze amasaha 48, ashinjwa gukora amasengesho muri icyo gihugu rwihishwa ndetse no gukorana bya hafi n’abanyamahanga, ibyo ngo bikaba bibangamira umutekano w’igihugu.
Amakuru agera kuri Bwiza.com, avuga ko uyu mugore yafashwe ku wa Gatanu itariki ya 27 Mata 2018, ari mu Mujyi wa Bujumbura, ajyanwa gufungirwa muri gereza ya Mpimba iri muri uwo mujyi.




