Umupilote mukuru wa Museveni azajya ahembwa akabakaba Frw miliyoni 10

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Uganda yazamuye imishahara y’akazi bamwe na bamwe mu nzego zitandukanye, by’umwihariko abashinzwe serivisi yo gutwara indege y’Umukuru w’Igihugu.

Nk’uko bigaragara mu igazeti y’imishahara yasohotse tariki ya 30 Kamena 2023, aba bapilote baratangira kongezwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari mushya (2023/2024) watangiye muri uku kwezi kwa Nyakanga.

Umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe gutwara Perezida wa Uganda mu ndege azajya ahembwa amashilingi miliyoni 32 (abarirwa muri Frw miliyoni 10). Ubusanzwe we yahembwaga miliyoni 22.5.

Umupilote mukuru wa Perezida Museveni azajya ahembwa amashilingi miliyoni 30.2 (Frw miliyoni 9.5), yavuye kuri miliyoni 21.6. Enjenyeri we azajya ahembwa miliyoni 29.3, zavuye kuri 21.6.

Captain utwara Perezida wa Uganda we ubusanzwe yahembwaga amashilingi miliyoni 20.2. Muri uku kwezi aratangira guhembwa miliyoni 28.5.

Muri rusange, umushahara mu bakozi b’inzego zitandukanye wagizwe amashilingi tiliyari 7.2. Wazamuweho miliyari 912 ugereranyije n’uwo mu mwaka w’ingengo y’imari w’2022/2023.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *