Umurundi wagombaga kuza gutoza Espoir FC yavuze ko yabujijwe na CNDD-FDD kuza gutoza mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Umurundi Joslin Bipfubusa wagombaga kuza gutoza ikipe ya Espoir FC, yamaze kuyimenyesha ko atakije kuyitoza ngo kuko ishyaka CNDD-FDD abereye umurwanashyaka ryamubujije kuza gutoza mu Rwanda.

Mu kwezi gushize ni bwo iyi kipe y’i Rusizi yemeje Bipfubusa nk’umutoza wayo mukuru nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri.

Bipfubusa w’imyaka 37 y’amavuko, yanyuze mu Rwanda nk’umukinnyi aho yakiniye amakipe nka Military Police, Kiyovu Sports na KIST.

Nk’umutoza yanyuze mu makipe arimo Aigle Noir aho yirukanywe muri Mata 2022, Le Messager Ngozi na Bumamuru FC yatoje asimbuye Olivier Niyungeko wari umaze kwirukanwa n’abafana. Yatoje kandi Kayanza United na Musongati.

Mu gihe Espoir FC yari imutegereje ngo aze gutangira kwitegura umwaka utaha w’imikino, Bipfubusa yamaze kuyimenyesha ko atazaza.

Perezida wa Espoir FC, Twizeyimana Vincent, yabwiye Radio Rwanda ko uyu mutoza yabwiye ko ngo icyamuteye kutaza gutoza iriya kipe ari uko ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi asanzwe abereye umurwanashyaka ari uko ryamubujije kuza mu Rwanda.

Perezida Twizeyimana yavuze ko uyu mutoza bamufashe nk’umuswayile, ngo kuko ibyo yababwiye babifashe nk’imitwe.

Yavuze ko amakuru bamenye ari uko umutoza Bipfubusa ari mu biganiro n’ikipe ya Polisi yo muri Tanzania, ku buryo nta gihindutse bishobora kurangira ari yo yerekejemo.

Twizeyimana yunzemo ko nka Espoir FC bateganya kurega uriya mutoza mu nzego zirimo CAF, bijyanye no kuba bafitanye na we amasezerano ndetse bakaba baranamuhaye amafaranga kugeza n’ubu atarasubiza.

Yunzemo ko kuri ubu hari umutoza w’Umunyarwanda bari mu biganiro mu rwego rwo kumusimbuza uriya mutoza ukomoka mu gihugu cy’u Burundi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *