Umurundikazi akaba n’umunyamakuru Irangabiye Floriane watawe muri yombi ubwo yari ageze i Bujumbura mu Burundi, avuye i Kigali mu Rwanda, aratabarizwa n’ikigo mpuzamahanga cy’itangazamakuru, IPI (Institut International de la Presse).
Irangabiye wabaga mu Rwanda nk’impunzi yatawe muri yombi n’urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza mu mpera za Kanama 2022, bikavugwa ko yaba yarashinjwaga kuba umwe mu banzi b’igihugu akomokamo.
Inkuru y’itabwa muri yombi rya Irangabiye https://bwiza.com/?Umurundikazi-Irangabiye-wabaga-i-Kigali-afungiwe-mu-Burundi
Itangazo ry’Umuyobozi wungirije wa IPI, Scott Griffen, ryasohotse tariki ya 22 Ugushyingo, rivuga ko abanyamakuru bahuriye muri iki kigo bahagayikishijwe n’uburyo Irangabiye amaze iki gihe cyose afunzwe, ibyaha akurikiranweho bitaratangazwa.
Bagize bati: “N’ubwo Irangabiye Floriane amaze amezi arenga abiri afunzwe, nta birego biramenyekana uyu munyamakuru ashinjwa. Itabwa muri yombi n’ifungwa rya Irangabiye Floriane rihuzwa n’umwuga we w’itangazamakuru.”
IPI ivuga ko ifungwa rya Irangabiye ryaba rifitanye isano n’uko bamwe mu Barundi baba mu Rwanda bafatwa nk’abarwanya ubutegetsi bw’u Burundi, kandi ngo bibaye ari byo yaba afite ibyago byo guhabwa igihano kiremereye.


