Umuryango LUCHA uharanira impinduka muri Repubulika ya demukarasi ya Congo urakeka uruhare rwa Perezida Félix Tshisekedi mu rupfu rwa Chérubin Okende wari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi.
Okende wabaye Minisitiri w’ubwikorezi muri RDC, akaba umudepite n’umuvugizi wa Moà¯se Katumbi, yasanzwe mu modoka i Kinshasa yishwe, nyuma yo gushimutirwa ku rukiko rushinzwe kurinda Itegekonshinga tariki ya 13 Nyakanga 2023.
LUCHA mu itangazo yashyize hanze ku ya 15 Nyakanga 2023, yavuze ko urupfu rwa Okende rukurikiye ifungwa, ishimutwa n’itotezwa ry’abantu, mu gihe Abanyekongo bari kwitegura amatora rusange mu Kuboza.
Uyu muryango watangaje ko mu gihe ubabajwe n’urupfu rwa Okende, wibuka amagambo Tshisekedi aherutse kuvugira muri misa yabereye muri Mbuji Mayi tariki ya 25 Kamena 2023, ateguza abo avuga ko babangamira umutekano w’igihugu ko azabagabaho ibitero.
LUCHA iti: “Ntabwo twibagirwa ko Félix Tshisekedi yateguje mu ruhame ubwo yari muri Mbuji Mayi tariki ya 25 Kamena 2023 ko abantu afata nk’ababangamira umutekano w’igihugu azagabaho igitero, uburenganzira bahabwa n’Itegekonshinga butubahirijwe.”
Yakomeje igaragaza ko iyi mbwirwaruhame yagaragaje umwuka mubi muri politiki. Iti: “Iyi mbwirwaruhame y’umuntu uri hejuru muri Leta yerekana umwuka uri muri politiki nk’uko bigaragara mu ikoreshwa rya serivisi z’iperereza mu gucecekesha amajwi akomeye, hirengagijwe amahame na demukarasi no kubahiriza itegeko, byo Abanyekongo barwaniriye ku bwa Mobutu na Kabila.”
Uyu muryango wagaragaje ko utakwizera ibyava mu iperereza ryakorwa n’inzego za Leta, mu gihe ukeka ko abakozi bayo baba bafite uruhare rukomeye mu rupfu rwa Okende. Urasaba ko hakorwa iryigenga, ritabogamye kandi rikihutishwa.


