Ku wa 28 Mata 2018, nibwo umuherwe akaba n’ikirangirire mu muziki w’isi, Rick Ross, azaba ari ku butaka bwa Kenya aho agiye gukorera igitaramo cyakataraboneka kigomba kubera mu Mujyi wa Nairobi.
Rick Ross utegerejwe nk’umwami muri Kenya yateguriwe itsinda ry’imodoka icumi zihenze hakiyongeraho indege igomba kugenda hejuru yazo mu rugendo ruva ku kibuga cy’indege rwerekeza mu mujyi.
Rick Ross agomba kuririmbira ahitwa Carnivore kuri uyu wa Gatandatu, igitaramo cye gitegerejwe n’imbaga y’abakunda umuziki muri Kenya ndetse n’abandi benshi muri afurika, Mbere y’uko aririmba, hari abandi bahanzi bo muri Kenya bamubanziriza barimo Khaligraph[Umuraperi ukomeye muri Afurika byumwihariko muri Kenya, Camp Mulla, Fena Gitu na Nyashinski.
Uyu muhanzi Rick Ross ukunzwe kwiyita (Boss) yaherukaga gukorera igitaramo muri Afurika ubwo yazaga muri Tanzania muri 2012, icyo gihe yari yatumiwe mu gitaramo cya ‘Tanzania-Fiesta’ ari nacyo cyatangijwe mu Rwanda kigafungurwa na Diamond.




Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…



