Umutoza wa Man. U yatangaje ko atagombaga kongera kwihanganira ikosa rya Cristiano Ronaldo

Sangiza iyi nkuru

Umutoza mukuru wa Manchester United, Erik ten Hag, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gukura Cristiano Ronaldo ku rutonde rw’abakinnyi azitabaza ku mukino w’iyi kipe na Chelsea FC kubera ngo atagombaga kongera kwihanganira ikosa ryisubiriye.

Uyu mutoza kuri uyu wa 20 Ukwakira ni bwo yafashe umwanzuro wo gukura Cristiano muri aba bakinnyi bazitabazwa mu mukino uraba kuri uyu wa Gatandatu, uyu rutahizamu ahezwa mu myitozo y’ikipe.

Icyemezo cya Ten Hag cyakurikiye ikosa Cristiano yakoze tariki ya 19, ubwo yangaga gusimbura ku mukino wahuje United na Tottenham, ahubwo mbere y’uko urangira akajya mu rwambariro mu buryo bwo kwivumburira kuba adahabwa umwanya uhagije wo gukina.

Ten Hag asobanura impamvu yafatiye uyu ruhahizamu igihano, nk’uko The Mirror ibivuga, yavuze ko atari ubwa mbere Cristiano akoze ikosa nk’iri kuko ubwo United yakinaga umukino wa gicuti na Rayo Vallecano tariki ya 31 Nyakanga 2022 byarabaye ariko aramwihanganira.

Uyu mutoza yavuze ko kuri iyi nshuro ya kabiri Cristiano akoze iri kosa, agomba kwirengera ingaruka. Ati: “Nyuma ya Vallecano, namubwiye ko bitemewe, bitari kuri we gusa, ahubwo kuri buri wese. Ubu ni ubwa kabiri, hari ingaruka. Ejo ntabwo tumufite. Ni igihombo ku ikipe ariko ni ingenzi ku bijyanye n’imyitwarire n’imyumvire mu itsinda, ubu duhanze amaso kuri Chelsea.”

Ten Hag yatangaje ko ari umutoza wa United, bityo afite inshingano yo gushyira kugenzura iyubahirizwa ry’indangagaciro mu ikipe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *