Umutoza wa New Castle yirukanwe izuba riva asimbuzwa uwahoze muri Real Madrid

Sangiza iyi nkuru

Steve McClaren watozaga ikipe ya New Castle yahambirijwe izuba riva kuri uyu wa gatanu taliki ya 11 Werurwe 2016 asimbuzwa Rafa Benitez wahoze atoza Real Madrid.
Ubuyobozi bukuru bwa New Castle buganira na Skysports bwemeje aya makuru ko Steve atakiri umutoza w’ikipe ahubwo ko yasimbuwe na Rafa Benitez, nyuma y’imyaka isaga 3 uyu mugabo ashakishwa ngo abe umutoza mukuru.
Umuyobozi wa New Castle Lee Charnley yahisemo kuvana ku nshingano uyu mugabo nyuma yo gutsinda imikino 6 gusa muri28 yakinnye mu irushanwa rya Premier League.
Steve.McClaren-700x367
Amakuru Lee yashyize ku rubuga rw’ikipe(Website) yagize ati” nyuma y’uko dutsindwa na bournemouth kuri uyu wa gatandatu, nk’ikipe twafashe umwanya tureba umwanya turiho, uyu munsi duhitamo kurangiriza hano akazi ka Steve muri New Castle.
“uyu mwanzuro twawufashe kandi nyuma yuko buri wese mu bo dufatanyije kuyobora ahoza mu kanwa Steve kimwe n’abakinnyi bahoraga bavuga ko ibye bitameze neza, twanzura ko igihe ari iki ngo tumwirukane kandi nzi ko bigiye kugirira ikipe akamaro”
“gusa ndashimira Steve McClaren ku bwo kwitanga kwe no gushyira mu gaciro, yitwaye neza aho rukomeye an’icisha bugufi, y’ubaha abakinnyi n’ubuyobozi bw’ikipe,muri make ntako atagize turamushimira.”
“mu by’ukuri ndibaza ko nta wadutera amabuye kuko byose twabikoze tugirango dushakire amahirwe ikipe yacu bityo ibe yakwegukana irushanwa rya Premier League y’ubutaha tubifashijwemo na Steve Benitez ugiye kumusimbura”
Nyuma y’uko Benitez ahamagarwa muri New Castle kuri uyu wa gatanu,ubusanzwe nta kipe yatozaga kuva yirukanwe muri Real Madrid muri uku kwezi kwa mutarama bityo ngo akaba agiye guhindura byinshi.
Uyu mutoza uzwiho kuba yaratoje Chelsea na Liverpool akaza kwerekeza muri Real Madrid,none yongeye kugirirwa ikizere ahamagarwa na New Castle aho atezweho kuzatwara igikombe muri Championa y’ubutaha.
click here to receive the updated news on facebook on twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *