Umuyobozi Mukuru wa Polisi Perezida Ruto yigeze kunenga ko adashoboye yeguye

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, IGP Hillary Mutyambai, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022 yeguye kuri iyi nshingano yari amazeho imyaka itatu.

Ubwegure bwa Mutyambai bwatangajwe na Perezida William Ruto ubwo yari ayoboye inama y’abaminisitiri, asobanura ko impamvu z’ubuzima ari zo zatumye uyu mupolisi mukuru yegura.

Perezida Ruto yavuze ko Japhet Koome wari usanzwe ari umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi rya Kiganjo ari we muyobozi mukuru w’agateganyo wa Polisi ya Kenya.

Uyu Mukuru w’Igihugu muri Nyakanga 2022 ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza, yatangaje yeruye ko IGP Mutyambai adashoboye, aca amarenga ko najya ku butegetsi azamusimbuza.

Icyo gihe yagize ati: “Dufite ikibazo gikomeye ku buyobozi bwa Polisi. Dufite umuyobozi mukuru wa Polisi udashoboye na gato. Ubuyobozi bwa Polisi bugengwa n’abandi kandi IGP yakabaye yigenga.”

Mutyambai yari yarashyizwe kuri iyi nshingano na Perezida ucyuye igihe, Uhuru Kenyatta, muri Mata 2019. Ni umwe mu bataracanaga uwaka na Ruto mu gihe yari Visi Perezida.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *