Umuyobozi Mukuru wa Vodacom Tanzania yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mushya w’ikigo cy’itumanaho cya Vodacom Tanzania, Hisham Hendi, ndetse n’abandi bakozi batavuzwe umubare kuri uyu wa Kabiri batawe muri yombi i Dar es Salaam bashinjwa imikorere idahwitse.

Vodacom Tanzania kuri uyu wa gatatu yavuze ko Bwana Hendi n’abandi bakozi bari guhatwa ibibazo kuri iyo mikorere yabo.

Itangazo yashyize ahagaragara rikaba rigira riti: “ Turi gufatanya byuzuye n’itsinda rishinzwe iperereza riyobowe n’Igipolisi cya Tanzania .”

Nk’uko Vodacom yabitangaje, ngo nta birego bya nyabyo baramenyeshwa bishinjwa aba bakozi ariko byari biteganyijwe ko bagezwa mu rukiko uyu munsi kuwa Gatatu, itariki 03 Mata.

Muri Kamena 2018, abandi bayobozi bakuru babiri b’ibigo by’itumanaho, Le Van Dai wa Halotel Tanzania na Sherif El Barbary wo muri Zanzibar Telecom Company (Zantel) barezwe kunyereza imisoro.

Vodacom ikaba yatangaje ko iki kibazo cyavutse ntacyo kiri buhindure kuri serivisi batangaga kuko ngo hafashwe ingamba zo gutuma ikigo gikomeza imirimo yacyo mu bwisanzure kandi nta kirogoya.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *