Umuyobozi mukuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko ingabo za Eritrea zikiri muri Ethiopia nubwo zasubije inyuma umupaka, zivuguruza abategetsi ba Ethiopia bavuga ko Abanya-Eritereya bamaze kugenda .
Ingabo za Eritrea zafatanyije n’ingabo za Ethiopia kurwanya inyeshyamba mu ntambara imaze imyaka ibiri ihuza guverinoma ya Ethiopia n’inyeshyamba zo mu karere ka Tigray gaherereye mu majyaruguru.
Mu Gushyingo ariko, guverinoma ya Ethiopia n’ingabo za Tigray bashyize umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano. Ayo masezerano yategetse kuvana ingabo zose z’amahanga muri Tigray nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ibyibutsa.
Ambasaderi wa Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Linda Thomas-Greenfield, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yasuraga umurwa mukuru wa Kenya, Nairobi, yagize ati: “Ku bijyanye na Eritrea twumva ko basubiye ku mupaka kandi basabwe kugenda.”
Greenfield nta bimenyetso, cyangwa aho ayo makuru yatangaje. Minisitiri w’itangazamakuru muri Eritrea, Yemane Gebremeskel, we ntabwo yasubije icyifuzo cya Reuters cyo gutanga ibisobanuro.



One Response
Umuyobozi muri Amerika yatangaje ko Ingabo za Eritrea zikiri ku butaka bwa Ethiopia
Ariko USA nabo aho bageze batey’isesemi,bo se ko bafite abasirikare hirya no hino kw’isi birirwa bica abo basanze iwabo banabita ibyihebe?ubundi uwic’umuntu amusanze iwe n’uwishwe ubwo icyihebe n’ikihe?askyyiii isi irabarambiwe