Bivugwa ko hari ibimenyetso Kavungera yafatanwe bigaragaza ko yakoranaga na M23

Umuyobozi muri Kivu y’Amajyaruguru afunzwe akekwaho gukorana na M23

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatawe muri yombi n’urwego rushinzwe ubutasi, akekwaho gukorana n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Uyu ni Blaise Kavungera ushinzwe ‘porotokole’ muri iyi ntara. Uru rwego ruzwi nka ANR rwamutaye muri yombi tariki ya 16 Ugushyingo, arara muri kasho y’i Goma ijoro rimwe, yoherezwa i Kinshasa kuri uyu wa Kane.

Radio Okapi ivuga ko ANR yataye muri yombi Kavungera nyuma yo kumenya y’uko uyu muyobozi ashobora kuba aha amakuru uyu mutwe umaze iminsi urwanira n’ingabo za Leta mu bilometero bike werekeza i Goma.

Itabwa muri yombi rya Kavungera rikurikiye ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo Lt Gen. Philémon wari ukuriye zone ya 3 ishinzwe kurwanya ibikorwa by’imitwe ikore irimo M23; na we akaba akekwaho gukorana na yo.

Bivugwa ko hari ibimenyetso Kavungera yafatanwe bigaragaza ko yakoranaga na M23
Bivugwa ko hari ibimenyetso Kavungera yafatanwe bigaragaza ko yakoranaga na M23

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *