Umuyobozi w’inyeshyamba za Yakutumba yahungiye mu Burundi yakomeretse bikabije

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bayobozi b’inyeshyamba za Mai-Mai Yakutumba uzwi ku izina rya Ekanda Alias Dracula, kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Mutarama ari kumwe n’abarwanyi be barindwi yakomeretse bikabije, yishyikirije ubuyobozi bw’Intara ya Rumonge ahunga imirwano ikomeye yabaye kuwa mbere bahanganye n’ingabo za Congo (FARDC) barwanira mu mazi.
Aya makuru yatanzwe n’impunzi z’Abanyekongo zahungiye iRumonge, yemejwe kuri uyu wa Kabiri ahitwa Baraka n’umuyobozi w’agace ka Rubana, Hamadi Murisho Kanamaze, hari n’umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi. Uyu muyobozi akaba yemeje ko Ekanda wakundaga kwiyita Dracula, yishyikirije Igipolisi cy’u Burundi muri Rumonge.
Uyu yemeje ko Uyu yamaze ijoro ryose mu mazi y’ikiyaga cya Tanganyika ari kumwe n’amato abiri ya moteri bumwe bwarashweho n’ingabo za Congo.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko Ekanda, wahoze mu ngabo za leta afite ipeti rya Captain mu ngabo zirwanira mu mazi ahitwa Kalemie,yaje guhunga imirwano mu gihe yari ayoboye abarwanyi barwanira mu mazi ba Yakutumba barwana n’ingabo za leta mu biturage bya Kimino, Mwayenge na Buma ku Mwigimbakirwa wa Ubwari.
Ku ruhande rw’igisirikare cya Congo, Umuyobozi w’agace ka Rubana aravuga ko bamwe mu baturage bari bahungiye imirwano mu bihuru barimo gusubira mu ngo gahoro gahoro barinzwe n’ingabo za leta.
Ni mu gihe umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi, Capt. Justin Liwanga, yemeza ko ibintu byasubiye mu buryo ku rugamba rwo mu mazi.
Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *