image_1606297535.jpg

Umuyobozi yambuye indaya uburenganzira bwo kuba ahantu na hamwe muri komini

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Komini Mutumba mu Ntara ya Karusi mu Burundi, Faraziya Ruzobavako, ku wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo 2020, yambuye umukobwa witwa Riziki uburenganzira bwo kuba ahantu na hamwe, bitewe n’uburaya amushinja.

Impamvu uyu muyobozi yasobanuye yatumye yambura Riziki ubu burenganzira, ngo ijyanye n’umutekano muke uterwa n’uburaya. Mu magambo twashyize mu rurimi rw’Ikinyarwanda, Ruzobavako yagize ati: “Kubera umutekano muke ujyanye n’uburaya uwitwa Riziki mwene Joseph na Misago Gloriose uba centre Gisimbawaga, bimenyesheje ko nta nzu n’imwe yo muri Komini Mutumba yemerewe kubamo.”

Mu itangazo ry’uyu muyobozi, yavuze ko Riziki agomba kuba mu nzu y’ababyeyi be gusa cyangwa mu rugo rwe, igihe yaba agiye gushaka.

Abatuye muri Komini Mutumba bose babujijwe gucumbikira Riziki, uzabirengaho akazahanwa n’amategeko.

image_1606297535.jpg Itangazo rya Ruzobavako ryambura Riziki uburenganzira bwo kuba ahandi hantu muri Komini

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *