Umuzamu De Gea  agiye kongezwa umushahara na Man.Utd abe uwa mbere ku isi uhembwa agatubutse

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Manchester United igiye kongerera umuzamu wayo David De Gea amasezerano y’imyaka itanu ndetse n’umushahara w’ibihumbi 350,000 by’amapawundi buri cyumweru.

Nk’uko bitangazwa na The Sun, ngo uyu muzamu ukomoka muri Espagne azaba ariwe muzamu uhembwa amafaranga menshi ku isi. Manchester ikaba igomba kubikora mbere y’uko igikombe cy’isi gitangira.

De Gea yageze muri Manchester United muri 2011 avuye muri Atletico Madrid yo muri Espagne. Amasezerano ye akaba yari ateganijwe  kurangira 2019. Uyu muzamu akaba agiye kuba umwe mu bakinnnyi bahembwa agatubutse muri Man United nyuma ya  Alexis Sanchez  na we uhembwa 350, 000 by’amapawundi buri cyumweru.

Uyu muzamu ufatwa nk’uwa mbere ku isi muri iki gihe, yakomeje kwifuzwa n’ikipe ya Real Madrid gusa Man United iyibera ibamba .De Gea akaba ari  umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba Man Unated igenderaho.

Muri uyu mwaka wa shampiyona y’u Bwongereza wa 2017/2018,  De Gea  yakinnye imikino 16 atinjizwa igitego. Akaba ariwe wa mbere agakurikirwa na Ederson Moraes wa Manchester City.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Nkurunziza  Viateur  Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *