pqftovw0mf7x3t605c189147aca.jpg

Umuzunguzayi yakurubanwe n’abari mu modoka we agenda n’amaguru kugeza bamujyaniye polisi (amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Abagabo bashinzwe umutekano mu Ntara ya Kisumu, muri Kenya bari mu modoka bakurubanye umugore ucuruza imbuto ku muhanda (umuzunguzayi) bagenda bamukurubana kugeza bamujyanye ku biro bya polisi yo muri ako gace.

Uyu yakurubanwe n’imodoka igenda kuko ngo yacururizaga ahatemewe. Uyu mugore yagerageje gutanga ruswa biba iby’ubusa, we avuga ko umwe muri abo bagabo yamufashe ukuboko, ubundi imodoka bayiha umuriro, we bagenda bamukuruta hasi.

pqftovw0mf7x3t605c189147aca.jpg
Imodoka yagendaga ikurubana umuzunguzayi

Aba bagabo bashakaga kumugeza kuri sitasiyo ya polisi gusa ababibonye, bahise bakurikira iyo modoka ya Pick-up bari barimo, ngo bababuze gukuruba uwo mubyeyi.

Habaye igisa n’imyigaragambyo kubera icyo gikorwa nk’uko ibinyamakuru byo muri kenya bibitangaza gusa polisi itatanya abari muri icyo kivunge bamagana iyo myitwarire.

download-9-2.jpg

Guverineri wa Kisumu, Anyang’Nyong’o avuga ko abagize uruhare muri iki gikorwa bose bamaze guhagarikwa ku kazi, mu gihe hatangiye iperereza.

ddd-2.jpg

Uwo mugore yataste biba iby’ubusa

Rimwe na rimwe mu bihugu bigize EAC nka Uganda n’ u Rwanda abaturage bakunze kwibasirwa mu gihe nabo baba bakoze ibitemewe. Inzego z’umutekano zinengwa kwitwara nk’izitagira umutimana nama mu guhangana nabo, aho bakora ibikorwa byibazwa niba baba babitekerejeho, n’aho ayo mabwiriza aba yaturutse.

Mu Rwanda, biragoye kuzibagirwa ifoto yagaragaye, umudaso akandagiye ku gakanu k’umuturage mu gihe muri Uganda, hatazibagirana amarira y’umukecuru wazunguzaga imyembe, akiruka ahunga LDU ari nako zimuhata ikiboko.

dasso_2_.jpg

Nguko uko umu-DASSO yari arimo guta muri yombi ukekwaho ibyaha. Uyu nyuma yaje kubihanirwa, akurikiranwaho gukoresha ingufu z’ Umurengera mu gufata abakurikiranyweho ibyaha.

download-14.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *