Umugabo benshi bazi nk’umwami mu kotsa inyama yatumye abakinnyi ba ruhago Lionel Messi wa Barelona na Pogba wa Manchester United bahurira mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Uyu mugabo witwa Nusret Gà¶kà§e ndetse hari n’abamwita ‘Salt Bae’ ugenekereje mu Kinyarwanda bivuga ‘umukunzi w’umunyu’ Messi na Pogba bamusabye ko yabategurira ibyo kurya ndetse baranasangira.

Uyu Munyaturukiya rurangiranwa mu kotsa inyama abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yashize ku mugaragaro amashusho ari kumwe na Messi na Pogba arimo kubategurira imbonekarimwe kuri benshi mu Banyarwanda.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Biravugwa ko aba bombi bagiranye ibiganiro nyuma yo gusangira ibyo kurya bari bateguriwe ariko ngo ahanini byari byiganjemo ingingo yo kuba Pogba yakwerekeza mu ikipe ya FC Bareclona nk’uko iyi nkuru dukesha The Mirror ibitangaza.


