Perezida Museveni yiyemeje gukoresha uburyo bwose bushoboka harimo n’ubukakaye agakomeza guha Uganda umutekano nyuma y’uko hagaragaye ubwoba bw’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashobora guteza imyigaragambyo ikomeye, by’umwihariko muri Kampala, bamagana ibyavuye mu matora yo kuwa 18 Gashyantare 2016.
“Ndi kuburira abo bakangisha gutwika umujyi kutazabigerageza, nk’uko nababwiye mbere. Uganda n’igihugu gifite amahoro. Hari amahoro mbere no mu matora, bigomba gukomeza kumera gutyo”, uwo ni perezida Museveni mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri iki Cyumweru ahitwa Rwakitura, aho yakomeje agira ati: “Tuzakoresha uburyo bworoshye n’ubukomeye turinde umujyi wacu”
Asobanura ibyo yari amaze gutangaza, Museveni yasobanuye ko uburyo bworoheje avuga ari ugukangurira urubyiruko kutishora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, mu gihe ubukomeye ari ugukoresha inzego z’umutekano mu gukomeza kubungabunga umutekano.
Ibi perezida Museveni abitangaje numa y’amasaha macye mu mujyi wa Kampala harunzwe abasirikare n’abapolisi benshi bidasanzwe, nyuma na none y’uko hatangajwe ibyavuye mu matora nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Ahantu h’ingenzi nka Wandegeya, Bwaise, Kasubi, Makindye, Katwe na Kasangati, iyi nkuru iravuga ko harunzwe abasirikare n’ibimodoka by’imitamenwa mu rwego rwo gukumira imvururu zishobora kuvuka nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaje ko batemera.
Mu muhanda wa Jinja naho hashyizwe bariyeri iriho abashinzwe umutekano bashinzwe kugenzura abagenzi binjira muri Kampala, mu gihe amasoko, za minisiteri, ibitaro na za rond points birinzwe n’abapolisi benshi n’abasirikare.
Umukandida wari uhagarariye FDC mu matora, Dr Kiiza Besigye, wabonye amajwi 35% muri aya matora mu gihe Museveni yabonye 60%, yahise yamagana ibyavuye mu matora ndetse ahamagarira n’abandi kubyamagana.
Perezida Museveni kandi yijeje ko muri iyi manda y’imyaka 5 agiye kwita ku kuvugurura uburyo bwo gutora hongerwamo ikoranabuhanga ku buryo igikumwe cy’umuntu kizajya kijya ku mukandida yahisemo. Ibi kuri Museveni ngo bizaca gutora kenshi na ruswa kuri bamwe.
Perezida Museveni kandi yahakanye ko aya matora yabayemo uburiganya, avuga ko ishyaka rye ryabuze amajwi mu bice bynshi bya Kampala, Lira na Rukungiri. Ngo ba minisitiri benshi nabo babuze imyanya mu nteko mu matora yo kuwa kane, barimo Jim Muhwezi w’itangazamakuru, Sarah Opendi, Henry Banyenzaki bari bashinzwe kugenzura ubukungu, Irene Muloni w’ingufu, Jessica Alupo w’uburezi na Rose Akol.
Kuri uku gutsindwa muri Kampala, Museveni yavuze ko byatewe na Jennifer Musisi umuyobozi wa KCCA ngo wakoresheje inzira zitari nziza zirimo kwirukana abacuruzi ataberetse aho bakorera ubucuruzi bwabo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com






