Raporo nshya y’Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN) ivuga ko mu 2021 abagore n’abakobwa basaga 45,000 ku isi bishwe n’abagabo babo cyangwa abo mu miryango yabo. Ibyo bivuze ko abagore cyangwa abakobwa barenga batanu ku isi bicwa buri saha n’abo mu muryango bwite wabo.
Iyi raporo yasohowe bigendanye n’umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, wabaye kuwa 25 Ugushyingo 2022, ivuga ko imibare nyakuri y’ubwicanyi bwo mu ngo ku bagore ishobora kuba iri hejuru cyane. Raporo ya ONU ivuga ko Africa ari iya kabiri inyuma ya Asia, ku bwicanyi bwakorewe abagore mu 2021 aho abishwe bagera ku 17,200. Mu Rwanda, Ninette Umurerwa ukuriye umuryango HAGURUKA ufasha abagore mu bujyanama bw’amategeko avuga ko hari byinshi byakozwe mu Rwanda mu kurwanya iri ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ariko ko n’ubundi rikigaragara. Imibare iheruka gutangazwa mu Rwanda yerekana ko mu 2016 abagore 45 bishwe n’abagabo babana, mu 2018 hicwa 37 naho mu 2019 hicwa abagera kuri 49. Mu myaka itanu ishize, buri mwaka HAGURUKA yabwiye BBC ko yakira abagore n’abakobwa bavuga ko bakorewe ihohoterwa bagera ku 2,000 kandi 60% baba bakorewe ihohterwa rishingiye ku gitsina, nk’uko Umurerwa abivuga. Umurerwa asobanura ko hari amoko “nibura ane y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina”; ihohoterwa rishingiye ku mutungo, ku mitekerereze, gukubitwa ku mubiri, no gufatwa ku ngufu. Ati: “Twebwe rero muri babandi batugana usanga 60% ari abatagira ijambo batagira n’uburenganzira ku mutungo hagati yabo n’abo bashakanye.” Umurerwa avuga ko usanga akenshi ari abagore bababwira ibibazo by’uko abagabo bashaka kugurisha imitungo bashakanye batabyumvikanyeho.


