UN yategetse ko imiryango y’abakozi bayo ivanwa muri Ethiopia byihuse

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Abibumbye, UN, wategetse ko imiryango y’abakozi bayo iri muri Ethiopia yose iba yamaze kuvanwa muri iki gihugu bitarenze kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2021 bitewe n’intambara ikomeje kubayo, ishobora kugera no mu murwa mukuru, Addis Ababa.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, bitangaza ko UN yasohoye inyandiko isaba ko iyi miryango ikurwa muri Ethiopia, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2021.

Iyi nyandiko igira iti: “Abagize imiryango y’abakozi binjiye mu kazi ku rwego mpuzamahanga bagomba kuhava bitarenze tariki ya 25 Ugushyingo 2021.”

Icyemezo cyo kuvana aba bakozi ba UN muri Ethiopia gikurikiye icyo u Bufaransa nabwo bwafashe kuri uyu wa 23 Ugushyingo. Bwagize buti: “Abafaransa bose basabwe kuva mu gihugu nta gukererwa.”

Intambara iri kubera muri Ethiopia yadutse mu Gushyingo 2021 bitewe n’amakimbirane ari hagati y’ubutegetsi buriho na Leta ya Tigray.

Ubu imitwe yitwaje intwaro yahuje imbaraga na TPLF iharanira ubwigenge bwa Tigray biravugwa ko ikomeje gusatira Addis Ababa nyuma yo gufata bimwe mu bice by’ingenzi mu karere ka Amhara.

Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed wiyemeje kujya ku rugamba agahangana n’iyi mitwe yitwaje intwaro, avuga ko amakuru y’uko yaba igiye kugera mu murwa mukuru ari icengezamatwara. Yemeza ko we, ingabo za Leta n’urubyiruko bahanganye nayo kandi bazayitsinda, bakagarura amahoro n’umutekano mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *