UN yemeje ko abasirikare 16 ba RDC baherutse kugwa mu mirwano na M23

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN) ushinzwe umugabane wa Afurika, yatangaje ko abasirikare 16 ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo baherutse kugwa mu mirwano yabahuje n’umutwe witwaje intwaro wa M23, abandi 22 barakomereka.

Ni mu mirwano yabereye muri Teritwari ya Rutshuru na Nyiragongo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru guhera tariki ya 22 Gicurasi 2022, nk’uko uyu Munyamabanga, Martha Ama Akyaa Pobee, yabitangarije mu nama y’akanama ka UN gashinzwe umutekano yigaga ku mutekano muke mu burasirazuba bwa RDC.

Martha yagize ati: “Abarinzi b’amahoro babiri ba MONUSCO bakomerekeye byoroheje kandi ibikoresho by’iyi misiyo byarangiritse. Uyu munsi FARDC yemeza ko yiciwe abasirikare byibuze 16, hakomereka 22. Mfashe uyu mwanya ngo nihanganishe mbivanye ku mutima imiryango yabuze abayo na guverinoma ya RDC. Ndifuriza gukira vuba abakomeretse.”

Uyu Munyamabanga kandi yavuze ko raporo y’ubutabazi yakozwe, yagaragaje ko byibuze abantu 75,000 bahungiye ibitero bya M23 imbere mu gihugu, abandi 11,557 bambuka umupaka, bahungira muri Uganda.

Ntabwo Martha yavuze niba hari abarwanyi ba M23 baguye cyangwa bakomerekeye muri iyi mirwano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *