Undi mudepite uvugwaho ubusinzi yeguye

Sangiza iyi nkuru

Umudepite wari uhagarariye urubyiruko mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda witwa Kamanzi Ernest yeguye kuri iyi nshingano.

Kamanzi yagejeje ku Nteko ubwegure bwe kuri uyu wa 28 Ukuboza 2022, asobanura ko yeguye ku mpamvu ze bwite, ndetse ashimira abo bari bahuje inshingano.

Ariko kandi, Kamanzi avugwaho gufungirwa mu karere ka Huye mu minsi ishize, azira gutwara yasinze, ubwo yari yaragiye muri aka karere mu butumwa bw’akazi hamwe n’itsinda ry’abandi badepite.

Ni umudepite wa gatatu weguye mu mezi abiri ashize, nyuma y’aho Perezida Paul Kagame abwiye Polisi y’u Rwanda ko hari uwo yarekuye kandi bigaragara ko yari atwaye imodoka yasinze bikabije, akongeraho ko ubudahangarwa bafite budakwiye kuba impamvu ituma badahanwa.

Nyuma y’iminsi mike Perezida Kagame agaragaje iki kibazo, Dr Gamariel Mbonimana yareguye, ndetse asezeranya Abanyarwanda ko acitse ku nzoga. Ubwegure bwe bwakurikiwe n’ubwa Habiyaremye Jean Pierre Celestin tariki ya 21 Ugushyingo 2022.

Soma Izindi Nkuru

5 Responses

  1. Undi mudepite uvugwaho ubusinzi yeguye
    Nibyo nyine!ngo uyikura mw’icupa ikagukura mubagabo,ndabona aribyo bibaye

  2. Undi mudepite uvugwaho ubusinzi yeguye
    Sibyunva gusinda nogukora akazi bihuriyehe?none anywa inzoga ntibazi gukora akazi?nijya kubaha akazi mwigeze mujogora abatazinywa?mugabanye kunaniza abakozi mureke bidagadure ntabwo abanyandwanda twabura kwidagadure tugomba kuryoherwa numutekano dufite

  3. Undi mudepite uvugwaho ubusinzi yeguye
    Mutwihanganire hari nabasinda ibyishyimo ese bralirwa na skol bifunge imiryango imisoro izavahe ko mbona nakabare gaciriritse bakabyukirizaho za kitatsi yewe ndabona nubukwe bugiye kujya butahwa nabagenda kumaguru gusa (iterambere)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *