Undi mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, umujenerali w’Umurusiya yiciwe mu burasirazuba bwa Ukraine, nk’uko umunyamakuru w’igitangazamakuru cya Leta y’u Burusiya yabitangaje,akaba yiyongereye ku mubare w’abasirikare bakuru b’u Burusiya biciwe muri Ukraine kuva intambara yatangira.

Amakuru yatanzwe mu buryo bwa Telegram n’umunyamakuru wa televiziyo ya Leta, Alexander Sladkov, ntabwo yavuze neza igihe n’aho Maj. Gen. Roman Kutuzov yiciwe.

Nta bisobanuro byatanzwe na minisiteri y’ingabo y’u Burusiya nk’uko tubikesha Reuters.

Ingabo z’u Burusiya zakajije ibitero byo gufata Sievierodonetsk, umujyi ukomeye mu karere ka Donbas ko mu burasirazuba bwa Ukraine Moscou yibasiye nyuma yo kunanirwa gufata umurwa mukuru Kyiv mu ntangiriro z’intambara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *