Undi munyamakuru yishwe arashwe i Mogadishu muri Somalia

Sangiza iyi nkuru

Abdiaziz Ali Haji wari umunyamakuru wa radiyo ikorera mu gihugu cya Somaliya yitwa Shabelle yarashwe n’abantu bataramenyekana bitwaje imbunda zo mu bwoko bwa pisitoli kuwa 27 Nzeri 2016 ahita yitaba Imana.
Umuyobozi wa radiyo Shabelle uyu munyamakuru yakoragaho witwa Abukar Sheikh yatangarije Reuters ko abantu bataramenyekana bitwaje intwaro bamwishe ku mugoroba wo kuwa kabiri, amakuru yaje kwemezwa n’umwe mu bakuriye polisi Major Mohamed Nur.
Ishyirahamwe ry’abanyamakuru muri Somaliya (NUSOJ) ryasohoye itangazo ryamagana ubu bwicanyi banasaba leta kugira bwangu igakora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ababigizemo uruhare bakanahanwa by’intangarugero.
NUSOJ ibinyujije kuri perezida wayo Mahir Jama Aden yagize iti, “Tubabajwe cyane nuko ibitero bigabwa ku banyamakuru bikomeje kwiyongera muri Somaliya kandi ibi ntibyakagombye kubaho”.
Abanyamakuru muri Somaliya bakomeje kugabwaho ibitero n’inyeshyamba za Al-Shabaab zirwanya leta ishyigikiwe n’Abanyamerika bagashaka gukora leta iyobowe mu buryo budasubirwaho n’amahame n’imigenzo ya kiyisilamu.
Muri Kamena Umunyamakurukazi Sagal Salad Osman wakoreraga televiziyo ya leta ya SNTV nawe yiciwe mu murwa mukuru w’iki gihugu. Nta bantu baratangaza ku mugaragaro ko ari bo bakoze ubu bwicanyi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Th éogène U @Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *