Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyohereje ingabo ku mupaka wa Uganda na Congo mu Karere ka Kanungu mu gihe inyeshyamba za M23 zikomeje gusatira umupaka wa Ishasha .
Ku wa Kane ushize, Lt Col Robert Nahami, umuyobozi wa Brigade ya 307, nibwo yemeje iyoherezwa ry’izi ngabo, avuga ko rigamije gukingira, Abagande batuye mu bice byegereye uyu mupaka, ingaruka z’intambara yo mu baturanyi.
Brigade ya 307 yoherejwe mu turere two mu burengerazuba ya Uganda twa Kanungu na Rukungiri.
Lt Col Nahami yatangarije Daily Monitor ko “UPDF yohereje ingabo zayo mu kurinda [Abagande batuye ku mupaka] n’imitungo yabo” ndetse no “kureba niba imipaka mpuzamahanga ikomeza gutekana nubwo hakurya y’umupaka hakomeje imirwano.
Mu gihe komanda yasabye “abaturage bo ku mipaka gukomeza gutuza”, abantu benshi ngo bari mu bwoba kubera impunzi z’Abanyekongo zikomeje guhunga.
Abahunga bose bavuga ko inyeshyamba za M23 zafashe centre nyinshi z’ubucuruzi n’imidugudu ku birometero 20 uvuye ku mupaka wa Ishasha.
Inyeshyamba za M23 zikaba zikomeje gucanga benshi aho zirimo kwemera kuva mu bice bimwe ariko zkajya gufata ibindi, bigatuma hibazwa intego yazo nyamukuru.



3 Responses
UPDF yarunze ingabo hafi ya RDC mu gihe M23 ikomeje gusatira umupaka wa Ishasha
Nonese M23 niba yerekana ko ifite unushake
Bwokuva mubice yafashe
RDC yo igaragaza iki?
Ahubwo naho yatanze izahagarura
UPDF yarunze ingabo hafi ya RDC mu gihe M23 ikomeje gusatira umupaka wa Ishasha
Nibyo uko Niko kuri Clever!
UPDF yarunze ingabo hafi ya RDC mu gihe M23 ikomeje gusatira umupaka wa Ishasha
amahigwe kagame yagize sinziko ariyoya em23