Urubanza kw’iyicwa rya Perezida Ndadaye: Gen. Ndayisaba arahakana ibyaha byose aregwa

Sangiza iyi nkuru

Mu bantu 20 bakurikiranwe mu bashinjwa uruhare mu iyicwa rya Perezida Merchiol Ndadaye, 5 gusa ni bo kuri uyu wa gatatu ushize bitabye abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga ruherereye mu murwa mukuru wa politiki, Gitega, mu Burundi rwagati.

Ni Gen. Major Célestin Ndayisaba, Komiseri wa Polisi Ildephonse Mushwabure, Colonel Gabriel Gunungu, Laurent Niyonkuru na Anicet Nahigombeye.

Bakurikiranyweho icyaha kimwe cyo kuba baragize uruhare mu iyicwa rya nyakwigendera Perezida Melchior Ndadaye, perezida wa mbere w’u Burundi watowe mu nzira ya demokarasi mu 1993. Yishwe ku ya 21 Ukwakira 1993, hashize amezi make atowe.

Ubushinjacyaha bubashinja “kwica umukuru w’igihugu, igitero ku butegetsi bwa Leta bagamije gukora ubwicanyi, gusenya no gusahura”.

Gen. CĂ©lestin Ndayisaba akurikiranyweho kuba “yaragenzuye abigometse, kwitabira inama zo gutegura ihirika ry’ubutegetsi, kuba mu basirikare bo mu rwego rwa mbere, no kwica Perezida Ndadaye “.

Ibirego by’ubushinjacyaha bigera aho byerekana ko uyu mu ofisiye mu cyiciro cy’abajenerali yatse pistolet ye Capt. Cishahayo, umusirikare wari mu bashinzwe kurinda ingoro ya nyakwigendera Perezida Melchior Ndadaye.

Araregwa kandi kuba yararinze umutekano wa François Ngeze, wahise atangazwa ko ari umukuru w’igihugu n’abigometse nyuma yo guhirika Ndadaye yishwe nk’uko urubuga SOS Medias Burundi ruvuga.

Ashyigikiwe n’umwunganizi we, Maître Pascal Ruyange, uregwa yahakanye ibyaha byose ashinjwa ndetse avuga ko yari yibereye iwe aryamye mu ijoro ryo guhirika ubutegetsi.

Icyakora, yemeye ko yari mu bagize itsinda ryashinzwe gukemura ikibazo kari kayobowe na Major Pierre Buyoya wahoze ari Perezida wa Repubulika y’u Burundi.

Yageze aho atanga ibisobanuro birambuye abacamanza birengagije: ku buryo yategetse uwahoze ari Coloneli Bernard Busokoza (wabaye visi perezida wa mbere kuva mu Kwakira 2013 kugeza muri Gashyantare 2014) kugarura umuyoboro wa terefone yari yaciye.

Yashimangiye ko ibirego by’ubushinjacyaha nta shingiro bifite, cyane ko nta bimenyetso bifatika byatanzwe, avuga ko byose ari ibihimbano.

Kuri uyu wa gatatu, bane bareganwa na Ndayisaba ntibigeze bumvwa, aho byari biteganyijwe ko bazumvwa kuwa Kane cyangwa kuwa Gatanu.

Abandi bantu bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Ndadaye, bose bahoze ari abayobozi bakuru b’ingabo ndetse n’abanyacyubahiro barimo uwahoze ari Perezida Pierre Buyoya, uhagarariye Umuryango w’ubumwe bw’Afurika muri Sahel na Mali, ntibitabye, kuko batari mu gihugu. Ababunganira nabo ntibashatse kuburana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *