Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina rwasubitswe nyuma yo kwanga umwe mu bacamanza

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Nzeri rwasubitse iburanisha rya Diane Rwigara na nyina, Adeline Mukangemanyi nyuma y’aho aba bagaragarije ko batifuza umwe mu bacamanza bagombaga kubaburanisha.

Nk’uko bisanzwe Diane Rwigara yageze ku rukiko ari kumwe n’umwunganizi we Me Buhuru Celestin mu gihe umubyeyi we Mukangemanyi Adeline Rwigara yari kumwe na Me Gatera Gashabana.

Mu gihe hitegurwaga gutangira urubanza, urukiko rwabanje kugaragaza ko Anne Rwigara na nyina , Adeline Rwigara bandikiye Urukiko kuwa 20 Nzeri 2018, basaba kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ngo kuko bifuzza ko bajya bakurikiranwa badafunzwe.

Urukiko rwagaragaje ko ubusabe bwa Anne Rwigara na Adeline Rwigara bwemewe, cyane ko babyemererwa n’amategeko.

Nyuma yo gutangaza ko ababuranyi basabye ko baburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo bakajya bakurikiranwa bari hanze, abunganizi bahise bagaragaza ko badashaka umwe mu bacamanza bari bagiye kuruburanisha, bagaragaza ko ariwe wari wababuranishije ku ifungwa n’ufungurwa ryabanje.

Nyuma yo kumva ubusabe bwabo, Perezida w’Urukiko yanzuye ko urubanza rusubikwa, avuga ko urukiko ruzatangaza igihe ruzasubukurwa haburanwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

kuwa 23 Ukwakira 2017 Urukiko Rukuru rwari rwateye utwatsi iki cyifuzo cya Anne Rwigara na Adeline Rwigara, rugaragaza ko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho ibyaha bashinjwa n’Ubushinjacyaha,runagaragaza ko bashobora gutoroka cyangwa bagasibanganya ibimenyetso, bityo banzura ko bafungwa by’agateganyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *