Uruganda Moderna rwo muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) rwatangaje ko ruteganya kurega urwa Pfizer na BioNTech mu rukiko rwo muri iki gihugu no mu Budage, ruzishinja ubujura bw’ikiranabuhanga rya mRNA ryifashishwa mu gukora imiti n’inkingo zirimo iz’icyorezo cya Covid-19.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Moderna, Stéphane Bancel, kuri uyu wa 26 Kanama 2022 yasohoye itangazo rigira riti: “Tugiye gutanga ikirego kigamije kurinda ikoranabuhanga rishya rya mRNA twazanye, twashoyemo miliyari z’amadolari mu kuyikora kandi twandikishije mu kinyacumi cy’imyaka mbere y’icyorezo cya Covid-19.”
Uru ruganda kandi ruvuga ko ruzakomeza gukoresha iri koranabuhanga ryarwo mu gukora imiti n’inkingo by’izindi ndwara n’ibyorezo birimo agakoko HIV gatera SIDA, ibicurane n’izindi.
Bancel asobanura ko kurega Pfizer na BioNTech bitagambije kugira ngo izi nganda zikure inkingo zazo ku isoko, kuko ziriho mu nyungu z’abatuye Isi, ahubwo ngo icyo Moderna yifuza ni ko inkiko zazitegeka kubaha umutungo wayo bwite mu by’ubwenge.
Pfizer yo muri USA na BioNTech yo mu Budage byahuje imbaraga mu gukora urukingo rwa Covid-19 rukoreshwa ku rwego mpuzamahanga. Ikinyamakuru Financial Times kivuga ko hamwe na Moderna, izi nganda zose zimaze kwinjiza amadolari miliyari 52 yavuye muri izi nkingo muri uyu mwaka.


