Urukiko Rukuru mu Rwanda kuri uyu wa Kane 1 Ugushyingo 2018 rwaburansihije urubanza k’ubusabe bw’uwahoze ari umukozi w’uruganda rukora itabi rwa Rujugiro ruba muri Uganda, Thierry Kanobayire.
Uwunganira Kanobayire mu iburanisha ryo ku munsi w’ejo, Me James Nuwagaba yavuze ko umukiliya we yareze asaba ko Leta yaba iretse gusubiza 200,000$ uwitwa Emile Rwasamanzi wayitsinze mu rubanza kuko ngo yamaze kumurega (Rwasamanzi) amushinja ubwambuzi bw’asaga miliyoni ebyiri n’ibihumbi Magana abiri na mirongo inani na bine by’amadolari (2,284,000$ ) bityo ngo ahawe aya amafaranga kandi Kanobayire akamutsinda mu rubanza yamurezemo ubwambuzi yazabura ubwishyu.
Ku ruhande rw’uwunganira Emile Rwasamanzi, Me Janvier Rwagatare avuga ko yatunguwe n’imvugo z’urega.
Rwagatare avuga ko Kanobayire ubwo yatangaga ikirego kuwa 30 Kanama 2016 yavuze ko amafaranga yambuwe yari aya sosiyete Leaf Tobacco Company ya Rujugiro n’abandi bantu babiri mu gihe we yari umucungamutungo wayo ntaho bigaragara ko ari mu bayishinze.
Uyu kandi yakomeje kwibaza uburyo Kanobayire yatanze ikirego mu izina rya sosiyete itari iye kandi ntatange inyandiko y’ikirego mu izina rya sosiyete.
Rwagatare avuga ko mu iperereza bakoze basanze Kanobayire atari mu bashinze iyi sosiyete ko ahubwo ba nyirayo ari Rujugiro n’abandi bantu babiri mu gihe Kanobayire yari umucungamutungo gusa.
Me Rwagatare avuga ko ubwo Rwasamanzi yatsindaga Leta ikemera kumusubiza amafaranga ye ntaho bivugwa ko ari aya Kanobayire bityo ko nta bubasha Kanobayire afite bwo gukumira umwanzuro w’urukiko.
Uwari uhagarariye Leta y’U Rwanda muri uru rubanza avuga ko n’ubwo batsinzwe bavuganye na polisi mpuzamahanga yemeza ko hari umuntu wibwe amafaranga ari we Kanobayire Thierry ko baba baretse kuyaha Rwasamanzi kugira ngo Kanobayire natsinda azabone ubwishyu ariko Me Rwagatare abitera utwatsi avuga ko nta nyandiko ifatira aya mafaranga yakozwe na polisi ako kanya bityo ko iyakozwe nyuma y’imyaka ibiri nta gaciro ifite.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Urukiko rwanzuye ko ruzatanga umwanzuro kuwa 7 Ugushyingo 2018.
Uru rubanza rukomoka ku itabwa muri yombi rya Emile Rwasamanzi mu 2016 afite ibihumbi maganabiri by’amadolari (200,000$ ) nyuma yo gushinjwa na Kanobayire ko yamwambuye.


