Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rutegetse ko amatora ya Perezida azasubirwamo

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’ikirenga rwa Kenya rutegetse ko amatora ya Perezida wa Repubulika muri Kenya azasubirwamo, kubera ko yabayemo amakosa atandukanye yakozwe na komisiyo y’igihugu y’amatora.
Uru rukiko rwategetse ko andi matora azaba mu minsi 60.
Uru rukiko rufashe uyu mwanzuro nyuma y’ikirego cyatanzwe n’ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya(NASA), yari ahagarariwe muri aya matora na Raila Odinga.
Komisiyo y’amatora yari yatangaje ko Uhuru Kenyatta ari we watsinze amatora n’amajwi 54%, naho Raila Odinga yagize 44%.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga David Kenani Maraga yavuze ko ayo matora aburijwemo kuko yakozwe hadakurikijwe Itegeko Nshinga. Akomeza ruvuga ko hari amakosa menshi yakozwe atuma amatora ntawayizera.
Iyo komisiyo ngo ntiyashoboye gutunganya amatora yisunze amategeko ya Kenya.
 
Inkuru irambuye mu kanya….
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *