Kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2016, urukiko rw’ibanze rwa gisirikare rw’I Nyamirambo rwasubitse urubanza ruregwamo Sous Lieutenant Seyoboka uherutse koherezwa na Canada kuburanira mu Rwanda ku birego ashinjwa byo kugira uruhare muri Jenoside yo muri mata 1994.
[ad id=”44145″]
Ubwo yageraga mu rukiko, abacamanza basanze uyu wahoze ari umusirikare ari wenyine nta wumwunganira afite kandi bari biteze ko agomba kuboneka.
Ubwo bamubazaga aho umwunganira ari, Seyoboka yavuze ko baherukana mu cyumweru gishize ariko ko gahunda yo kuza kumwunganira yari ayizi.
Naho ku kijyanye no kuba yaburana umwunganira adahari, Seyoboka yavuze ko atabasha kwiburanira yewe ko ari nubwa mbere ahagaze imbere y’ubucamanza. Ibi bikaba ari nabyo byatumye hafatwa umwanzuro wo gusubika uru rubanza ngo yongere ajye kureba umwunganira baganire.
Seyoboka woherejwe na leta ya Canada kuburanira mu Rwanda ku itariki ya 11 Ugushyingo 2016, yaburanishijwe n’urukiko rwa gisirikare kuko nawe gigeze kuba umusirikare mu ngabo z’uwahoze ari umukuru w’igihugu Habyarimana Juvenal ndetse na Jenoside ikaba yarabaye ari Umusirikare.
Ibi bikaba byakozwe hakurikijwe itegeko No.02/2012 ryo muri Kamena 2012 rivanaho inkiko Gacaca.
[ad id=”44145″]
Uyu mugabo w’imyaka 50 y’amavuko kandi, ashinjwa ibyaha birimo kwica nk’icyaha kibasiye inyokomuntu, kurimbura imbaga y’Abatutsi ndetse no gukora Jenoside.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com


