Urukiko rukuru mu Rwanda rwatangaje ko rwasanze paul Rusesabagina uregwa ibyaha birimo iterabwoba. yarazanywe mu Rwanda ashutswe kuko yinjiye mu ndege yamuvanye i Dubai ku bushake bwe ariko akisanga ageze aho atateganyaga kujya.
Ni mu isomwa ryo kuwa 10 Werurwe 2021 ku myanzuro ku nzitizi zari zatanzwe na Rusesabagina n’abunganizi be, avuga ko yashimuswe akajyanwa i Kigali. Urukiko rwemeje ko Rusesabagina Paul akomeza kuburana afunzwe bityo rutesha agaciro inzitizi we n’umwunganira bari bagaragaje bemeza ko yagejejwe mu Rwanda binyuranyije n’amategeko. Rushingiye ku manza zaciwe ahandi no ku nyandiko z’abahanga mu mategeko, rwasanze umuntu ukurikiranweho ibyaha bikomeye nk’iterabwoba uko yafatwa kose butabuza inkiko kumukurikirana. Rusesabagina mu maburanisha yabanje we yagaragaje ko yashimuswe. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


