Urukiko rw’ikirenga rwa Afurika y’Epfo rwategetse ko Jacob Zuma wayoboye iki gihugu kuva mu 2008 kugeza mu 2018 asubira muri gereza kugira ngo arangize igifungo yari yarakatiwe.
Muri Kamena 2021 ni bwo urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga rwakatiye igifungo cy’amezi 15, rumuziza kwanga kurwitaba ngo rumukoreho iperereza ku byaha yakurikiranwagaho cyo kunyereza umutungo.
Zuma yatawe muri yombi, nyuma y’amezi 2 afungiwe muri gereza arekurwa by’agateganyo n’uwari umuyobozi w’urwego rw’amagereza kubera impamvu y’uburwayi.
Ikinyamakuru Sunday Times kivuga ko kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2022, urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko Zuma asubira muri gereza akarangiza igifungo yakatiwe.
Umucamanza muri uru rukiko yagize ati: “Mu bijyanye n’amategeko, Bwana Zuma ntabwo yarangije igihano cye. Agomba gusubira mu kigo cy’igorora cya Estcourt kugira ngo akirangize.”
Mu mpera z’Ukwakira 2022, Zuma yatangaje ko yarangije igihano cye, agaragaza ko yari azi ko mu mezi 13 yari ashize yari afungishijwe ijisho.


