Urukiko rutesheje agaciro inzitizi zari zatanzwe na Paul Rusesabagina ko rudafite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza. Rwifashishije ingingo zinyuranye z’amategeko, urukiko rugaragaje ko rufite ububasha bwo kuburanisha Rusesabagina. Urukiko ruvuze ko inzitizi ku iburabubasha nta shingiro zifite. Ruvuze ko iburanisha rigomba gukomeza. Me Gatera Gashabana, umwe mu bunganira Paul Rusesabagina avuze ko icyemezo cy’urukiko ku nzitizi z’umukiriya we bakijuririye. Uruhande rw’abunganira Rusesabagina ruravuga ko rukeneye umwanya wo gutegura umwanzuro w’inzitizi buvuga ko ikomeye. Aho rusobanura ko ibyo batanze ubushize zari imbogamizi. Ubushinjacyaha bwo buvuga ko iki cyifuzo kidakwiye gutuma urubanza rusubikwa. Kuri uyu wa Gatanu, urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo bareganwa hamwe rurakomeza kuburanishwa, aho biteganyijwe ko hasomwa icyemezo cy’urukiko ku nzitizi zatanzwe na bamwe mu baregwa. Iburanisha ribaye risubitswe kugira ngo urukiko rwiherere rufate icyemezo ku cyifuzo cy’abunganira Paul Rusesabagina basaba ko bahabwa umwanya bagategura umwanzuro wanditse w’inzitizi. Iburanisha rirakomeza mu minota 15. Nyuma yo kwiherera, urukiko rwemeye icyifuzo cy’uruhande rw’abunganira Paul Rusesabagina ko bahabwa umwanya wo gutegura umwanzuro w’inzitizi. Igihe bari buhabwe kikaza gutangazwa nyuma. Ubu rukomeje kumva ibisobanuro ku nzitizi z’abandi baregwa muri uru rubanza nk’uko byari biteganyijwe. Mu iburanisha riheruka, Rusesabagina wemera ibyaha icyenda aregwa yari yagaragaje ko we ari Umubiligi waje mu Rwanda ashimuswe, bityo ko adakwiriye kuburanishirizwa mu Rwanda. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


