Urukiko rwemeje ko urubanza mu bujurire ruzakomeza Rusesabagina adahari

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo gusuzuma imbogamizi zatangajwe n’abunganira abaregwa ku mpamvu Rusesabagina atitabiriye itangira ry’urubanza mu bujurire bwe n’abo bareganwe ibyaha birimo iby’iterabwoba no guhungabanya umutekano w’igihugu, urukiko rwemejwe ko yahamagajwe mu buryo bwubahirije amategeko agahitamo kwanga kwitabira rwanzura ko urubanza ruzakomeza adahari ku itariki ya 20 Mutarama 2022.

Ni nyuma y’aho Ikibazo kijyanye n’ihamagarwa rya Paul Rusesabagina n’abobareganwa mu rubanza ku bujurire kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Mutarama 2022, ryateje impaka mu rukiko rw’ubujurire, aho abamwunganira bavuga ko atahamagawe mu buryo bwemewe n’amategeko mu gihe ubushinjacyaha bushimangira ko hubahirijwe amategeko, arimo no gukoresha ikoranabuhanga ndetse butanga ibimenyetso birimo n’ibaruwa ubuyobozi bwa gereza bwanditse busobanura ko Rusesabagina yanze gusinya ku ihamagazwa yohererejwe ariko abamwunganira bavuga ko ibyo bitari mu nshingano za gereza.

Me Rugeyo Jean wunganira bamwe mu baregwa yavuze ko itegeko riteganya ibijyanye n’ihamazwa ry’umuburanyi hakoreshejwe ikoranabuhanga ridateganyamo ubuyobozi bwa gereza, bavuga ko gereza atari yo igomba kumenyesha ababurana niba bagomba kwitaba.

Soma hano hasi uko byari byifashe mu rukiko kuwa 17 Mutarama

Ahabanza

Yashimangiye ko raporo z’ubuyobozi bwa gereza z’uko bwamenyesheje Rusesabagina ko azitaba nta gaciro zahabwa ku bijyanye no kumenyesha abaregwa kuko itegeko ritabiteganya.

Urukiko ariko rwemeje ko umuyobozi wa gereza afite ububasha bwo kumenyesha abaregwa bafungiwe muri gereza ayobora ibyerekeranye no kwitaba urukiko, rwemeza ko Rusesabagina Paul yamenyeshejwe itariki y’iburanisha mu buryo bukurikije amategeko, rutegeka ko urubanza ruzakomeza kuburanishwa adahari kuwa Kane itariki 20 Mutaram 2022.

Ku itariki ya 20 Nzeri 2021 nibwo Urukiko rukuru ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka n’ibyaha by’iterabwoba rwakatiye Paul Rusesabagina imyaka 25 y’igifungo ariko urubanza rwasomwe yararwikuyemo ashinja ubutabera kubogama.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *