Urukundo Abanyarwanda bafitiye Mwiseneza Josiane ruraca amarenga ko ashobora kuba Miss Rwanda 2019

Sangiza iyi nkuru

Mwiseneza Josiane, ni umwe mu bakobwa 37 bari mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2019, uyu mukobwa akaba akomeje kugaragarizwa urukundo, ku buryo binaca amarenga ko ashobora gutungurana akegukana ikamba.

Byatangiye bamwe babigira urwenya, bamwe bavuga ko ari umukobwa w’umunyacyaro, ngo yaje n’amaguru, ngo yasitaye, kwita ku isura n’uburanga bamwe bafataga nk’aho atari ubw’abanyamugi,
 ariko bamwe bagaragaje ko icyo bamwe bamunengeraga aricyo bamukundiye, ubu Mwiseneza Josiane ayoboye abandi bakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2019.

Ni abakobwa 37 na Mwiseneza Josiane arimo, bahagarariye Intara Enye zigize igihugu n’Umujyi wa Kigali, kubaha amahirwe yo gukomeza mu kindi kiciro ni uguca kuri page ya facebook na Instagram ya ‘Miss Rwanda 2019’ ugakanda LIKE ku ifoto y’umwe muri aba bakobwa 37, ukaba umuhaye amahirwe yo kuba yatoranywa muri 20 bazajya mu mwiherero.

Mwiseneza Josiane akomeje kwanikira 36 bahatanye- Amafoto

  Ifoto ya Josiane kuri Facebook, imaze gukundwa n’abasaga ibihumbi bitandatu mu gihe abandi bakobwa barimo kubyiganira mu baterenze 100 na 200, bisobanuye ko abafana abandi bakobwa 36 bafite n’ubwo wabateranya ntabwo bashyikira abe.

Kuri Instagram naho Josiane yabanikiye, amaze kugira abafana bakanze Like ku ifoto ye basaga ibihumbi 20. Mu gihe gutora bimaze iminsi itanu.

Ibitekerezo by’abafana biraca amarenga ko yaba Miss Rwanda

1.Hagugimana Celestin yagize ati “ Ntabeshye ubundi sinajyaga mba Interested n’ibi bya Miss Rwanda, ariko kubera Josiane narabikunze, keep it up, Waserutse uko uri kandi nakunze uko wigiriye ikizere”.

2.Mucumashyinge Furaha, 
ati “Australia natwe turabakurikira kubera Joziane turagushyingikiye ntegereje kubona ukuntu Imana ikuraho igisuzuguriro”.

3.Cyprien Habimana 
“Tukuri inyuma Josiane, Umunyarwandakazi w’umwimerere, utavangiye, uzira mukorogo, uzira za mini no kwiyambika ubusa. Reka tugutore abihindura bakorwe n’ikimwaro. Gushyigikira Mwiseneza Josiane ni uguha agaciro isura nyakuri y’ubunyarwanda”.

4.Ngizwenimana Olivier 
“My name is Olivier. I work in Israel at the moment. But frankly I’m very happy to see Mwiseneza Josiane in this Miss Rwanda competition. I encourage you a lot to go to the end. We are with you and behind. And we are sure you will win. We wish you a good luck on your steps”.

5.Nsengiyumva Ali 
“Basige sha ubukungu si ubumenyi n’abakene bafite ubwenge n’ubumenyi sha”

6.Willy Tubane Kabayiza 
“Imana ikura ku cyavu ikicazanya n’ibikomangoma, komeza wigirire icyizere ntucike intege wabaye intwari kandi wafunguriye imiryango n’abandi benshi bibwiraga ko Miss Rwanda atari iyabo . You are such an inspiration to all of us”.

7.Nininahazwe Aà¯da Ninamiri 
“Miss Rwanda 2019 ni Mwiseneza Josiane….Imana ikuje imbere mukobwa mwiza utatse ubwiza naturelle…. kand bibonekako ufise akaranga n’umuco vy’munya Africa …Imana iguhezagire natwdumomez kubisengire amahigw azobe ayawe…murakoze”.

8.Christian Isezerano
“Ngewe kubera ubutwari, ibitekerezo, ubunararibonye, umuco, kwiyubaha nibyo bitumye nguha ijwi ryange kuko ukwiye ikamba”.

9.Dada Dine Uwera
“Sinajyaga ntora ba nyampinga ariko kubera Mwiseneza Josiane umukobwa uzira ubwoba, umukobwa wifitemo ikizere cy’ejo, ndagutora nguhe ijwi ryange n’uko bidakunda ngo uko umutima uteye abe ariko ngutora,ubundi wegukane iryo kamba kuko urarikwiye ugaragaje isura y’umunyarwandakazi nyawe uzira ibihomekano nka za mukorogo na make up!!! Courage mukobwa mwiza”.

10.Remy Niyingize 
“Uyu ni we ukwiye ikamba rya Miss Rwanda 2019, abandi baratubeshya! Na Yezu Kristu umwami wacu yavukiye mu kavure, mu kiraro cy’ inka. Kandi ni we mwami w’ isi! Josiane deserves the crown!

11.Musanabandi Genevieve,  
we yagize ati “Mwiseneza Josiane niwe Miss Rwanda ukenewe kuva amarushanwa yabaho kubera iki:

1.Ni muganga uzavura indwara, ikimenyetso cyo kugwingira : kugwingira mu bitekerezo, mu mirire, kugwingira kw’abakobwa bose cyane abo mucyaro bafite imyumvire igayitse yo kwisuzugura wibwira ko hari abashoboye bavuka aha n’aha… Mwiseneza azanye umuti wo kuvura ubwoba,…

2. Mwiseneza azanye umuti wo kuvura ibikomere byo mu mutima no ku mubiri, buliya gutsitara ino aje mu irushanwa bisobanuye byinshi:

Yarababaye mu mutima no ku mubiri ariko igikomere nticyamuciye intege ngo kimubuze kugera ku cyo yari agamije.

3.Abafite ibikomere byo mu mutima no ku mubiri musange muganga Mwiseneza Josiane arabavura atabasabye Mutuel. Nta wundi wo gutorwa uretse uwo muganga twari twarabuze.

Ibi ni bimwe mu bitekerezo bibarirwa mu bihumbi by’abafana bashyigikiye uyu mukobwa Mwiseneza ufite nimero 30, uhagarariye Intara y’Iburengerazuba mu irushanwa ‘Miss Rwanda 2019”.

jojo
Mwisezeneza afite nimro 30 muri iri rushanwa #MissRwanda2019

 

 

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *