Abanyekongo babiri bafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mbere yo gushyikirizwa ubutabera bashinjwa ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inzovu n’inkura z’umweru bayakura muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bayajyana muri Seattle, kuri uyu wa Kabiri ushize bemeye icyaha nk’uko byatangajwe n’Ubutabera bwa Amerika.
Herdade Lokua, w’imyaka 34, na Jospin Mujangi, w’imyaka 32, bavuka i Kinshasa, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bafatiwe mu nkengero za Seattle mu Gushyingo mu mwaka ushize mbere yo gushyikirizwa ubutabera bashinjwa kugambana, iyezandonke no gukora ubucuruzi butemewe n’amategeko nk’uko tubikesha Reuters.
Minisiteri y’ubutabera mu itangazo ryayo yagize iti: “Mu kwemera icyaha, abaregwa bombi bemeje ko guhera mu Gushyingo 2019, bemeye kwinjiza muri Amerika amahembe y’inzovu, amahembe y’inkura n’amagaragamba ya pangolin.”
Iyi minisiteri yatangaje ko bakoranye n’umukomisiyoneri kugira ngo baganire ku kugurisha no kwinjiza ibyo bintu muri Seattle, yongeraho ko hagati ya Kanama 2020 na Nzeri 2020, Lokua na Mujangi bohereje imizigo itatu, irimo ibiro 22 by’amahembe y’inzovu, ivuye i Kinshasa.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku nyamanswa zo muri pariki rivuga ko inyama za pangolin, bakunze kwita “scale anteater”, zifatwa nk’ibyo kurya kandi amagaragamba yayo akoreshwa mu buvuzi gakondo bw’Abashinwa, bigatuma iba mu nyamaswa z’inyamabere zicuruzwa magendu cyane ku si.


