USA:Indege ya Marine yatwikiriwe n’urubura abasirikare batanu baburirwa irengero

Sangiza iyi nkuru

Abanyamerika batanu bo mu ishami rirwanira mu mazi (Marines), baburiwe irengero nyuma y’uko kajugujugu yabo yamanutse mu misozi ya Californiya yuzuyeho urubura.

Aba basirikare bivugwa ko bavaga mu myitozo bagaruka ku kigo cya gisirikare kiri i Miramar, hafi y’umujyi wa San Diego, ejo ku wa gatatu.

Iri shami Marine Corps ry’igisirikare cya Amerika rivuga ko izi ngabo zarimo ziva i Las Vegas mu ntara ya Nevada).

Iyo mpanuka ikimara kuba Abashinzwe kuzimya imiriro bagiye gutabazwa mu gicuku cy’ijoro cyo kuri uyu wa gatatu baza kubona ino ndege haciye amasaha makeya mu karere kitwa Pine Valley kari mu misozi ya Cuyamaca.

Amakuru avuga ko iyi ndege yari ibuditseho ibicu byatewe n’ikirere cyari kibi cyatewe n’imvura idasanzwe yari yaguye muri icyo gice.

Iyi kajugujugu CH-53E Super Stallion, yari isanzwe iri mu ndege zikomeye zizwiho guhangana n’ihindagurika ry’ikirere.Ikaba ikunze gukoreshwa by’umwihariko mu myitozo ya gisirikare.

Ikindi n’uko ngo ishobora gukoreshwa mu gihe cyose cy’intambara , kuko ifite ubushobozi bwo kurwanira mu kirere, mu mazi no ku butaka.Icyakora ngo muri iyi myaka iyi ndege igenda itakaza ubudahangarwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *