Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, ukekwaho icyaha yarashe ku bashinzwe umutekano bari hafi ya White House, bituma abapolisi benshi bahurura batabaye.
Urwego rw’ibanga rwa Amerika (US Secret Service) rushinzwe kurinda perezida rwatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko uwo muntu warashe yishwe.
Itangazo ryagize riti: “Abapolisi bo mu rwego rw’ibanga basubije amasasu, barasa ukekwaho icyaha, wajyanywe mu bitaro by’akarere, ari naho yaje gupfira”.
Nta makuru yatanzwe ku byerekeye uwarashe ku bashinzwe umutekano nk’uko inkuru dukesha DW ivuga.
Umwe mu bashinzwe umutekano utashatse ko izina rye ritangazwa yabwiye abanyamakuru ko ukekwaho kuba yari afite ikibazo mu mutwe kandi mbere yigeze guhabwa “amabwiriza yo kuguma kure.”
Amakuru kandi avuga ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yari ari muri White House igihe ibyo byabaga. Ntabwo bizwi niba ari we bashakaga kwica.


