Kuri uyu wa Kabiri, itariki 5 Werurwe, Urukiko rw’Ubujuriremuri Amerika rwanze kuryoza amasosiyete atanu akomeye y’ikoranabuhanga ibyaha akekwaho byo gushyigikira ikoreshwa ry’abana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Mu cyemezo 3-0, Urukiko rw’Ubujurire rwo muri Amerika mu Karere ka Columbia rwateye utwatsi ibirego by’abahoze ari abacukuzi b’abana ndetse n’ababahagarariye birega ibigo Alphabet, Apple, Dell Technologies, Microsoft na Tesla.
Abareze bashinje amasosiyete atanu kuba yari afatanije n’abatanga abana bakoreshwa imirimo y’agahato mu gushakisha cobalt, ikoreshwa mu gukora bateri za lithium-ion zikoreshwa cyane mu bikoresho bya elegitoroniki. Hafi ya bibiri bya gatatu bya cobalt y’Isi ituruka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Nk’uko iki kirego kibitangaza, amasosiyete “yahishe nkana” gushingira ku mirimo ikoreshwa abana, harimo n’abana benshi bahatirwa gukora iyo mirimo kubera inzara n’ubukene bukabije nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Ababuranyi 16 barimo abahagarariye abana batanu biciwe mu bucukuzi bwa cobalt.
Ariko urukiko rw’ubujurire rwavuze ko kugura cobalt mu ruhererekane rwayo ku Isi bitavuze kugira uruhare mu cyaha kibuzwa n’itegeko rirengera abana n’izindi nzirakarengane z’icuruzwa ry’abantu no gukoreshwa imirimo y’agahato.
Umucamanza w’akarere, Neomi Rao, yavuze ko abarega bafite uburenganzira bwo gusaba indishyi, ariko ntibagaragaze niba ayo masosiyete uko ari atanu hari ikindi ahishe usibye umubano w’umuguzi n’ugurisha , cyangwa niba afite ububasha bwo guhagarika ikoreshwa ry’abana.
Yongeyeho ko hari abandi bafite uruhare mu ikoreshwa ry’abana barimo abakomisiyoneri b’abakozi, abandi baguzi ba cobalt ndetse na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.


