Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuri uyu wa 7 Mata 2021 zabujije abenegihugu bazo kujya muri Kenya bitewe n’ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19 bukomeje kwiyongera, ziti: “Ntimujye muri Kenya kubera Covid-19.”
Nk’uko bigaragara ku rubuga rw’urwego rwa USA rushinzwe ibikorwa bya dipolomasi, hashingiwe ku kuba urwego rw’iki gihugu rushinzwe gukumira indwara (CDC) rwarashyize Kenya mu cyiciro cya 4 (Level 4 Health Notice) kibamo ibihugu bitemerewe gukoreramo ingendo bitewe n’impamvu zirebana n’ubuzima.
Umuvugizi wa Ambasade ya USA muri Kenya wavuganye na The East African, yavuze ko nta kintu uru rwego ruha agaciro nk’ubuzima bw’abenegihugu baba mu mahanga, asobanura kandi ko kuba iri bwiriza ryashyizweho, ntaho bihurira n’uko umubano w’ibihugu byombi wifashe.
Yagize ati: “Urwego ruha agaciro umutekano w’abenegihugu ba USA baba mu mahanga kurusha ibindi byose. Inama zacu ku ngendo zigomba gushingira ku bimenyetso, ku kuri no ku mucyo. Inama zacu ntaho zihurira n’umubano wacu n’igihugu icyo ari cyo cyose.”
Uyu muvugizi yongereyeho ko hazajya habaho kureba niba ubwandu bw’iki cyorezo bwaba buri kugabanyuka, aya mabwiriza akaba yavugururwa. Ati: “Ikibazo turi kugikurikiranira hafi, tuzavugurura inama zacu ku ngendo mu gihe hazaba hagaragara impinduka.”
USA kandi yabujije abenegihugu bayo gukorera ingendo mu duce tumwe na tumwe twa Kenya turimo uturi ku mupaka uyihuza na Somalia nka Mandera, Wajir na Garissa bitewe n’ibikorwa by’iterabwoba bihabera, Turkana bitewe n’ibyaha birimo ubujura bikomeje kwiyongera, n’ahandi.
Kuva muri Werurwe 2021 muri Kenya hakomeje kumvikana ubwandu bukabije bwa Covid-19, bwanatumye tariki ya 2 Mata Guverinoma y’u Bwongereza ishyira iki gihugu ku rutonde rutukura, aho abenegihugu babwo batemerewe gukorerayo ingendo guhera ejo tariki ya 9, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’ubwandu bushya bw’iki cyorezo burimo ubwabonetse bwa mbere muri Afurika y’Epfo.
Bigaragara ko kugeza uyu munsi abantu bamaze kwandura Covid-19 muri Kenya babarirwa mu 141,000, barimo ababarirwa mu 97,000 bakize n’abandi barenga 2200 bamaze gupfa.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


