USA: Yabyaye abana 6 mu minota 9 gusa.

Sangiza iyi nkuru

Umugore utuye muri Houston muri leta ya Texas ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yabyariye rimwe abana 6 mu minota 9 gusa. Ibi byabaye kuri uyu wa gatanu, tariki ya 15 Werurwe.

Thelma Chiaka ni we mugore wibarutse abana bane b’abahungu n’abandi babiri b’abakobwa. Bane b’abahungu baje bakurikiranye, nyuma haza abakobwa babiri, bose bavukiye ku bitaro bya Texas.

Nk’uko The independent ibitangaza, intera y’igihe iri hagati y’ivuka ry’umwana wa mbere n’uwa nyuma yari hagati ya saa 4h50 na saa 4h59 z’igicuku, ku masaha ngengamasaha ya GMT.

Itsinda ry’abaganga batanu ryamwitagaho n’abana be ryatangaje ko bose nta kibazo bafite(baratanga icyizere cyo kubaho).

Amateka agaragaza ko Chiaka abaye uwa kabiri wibarutse abana 6 barimo abakobwa n’abahugu. Mu 1968, undi mugore wo muri Birmingham mu Bwongereza ni we wababyaye ubwa mbere. Iki gihe yitabwagaho n’abaganga 28.

Keretse ko na none mu 1983, Janet Walton wo muri Liverpool na we yabyaye abana 6 ariko bose ari abakobwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *