USA yategetse Uganda gufungura Kakwenza wavuze ko Gen. Kainerugaba afite umubyibuho ukabije

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zibinyujije muri Ambasade yazo, zategetse Leta ya Uganda gufungura umwanditsi w’ibitabo Kakwenza Rukirabashaija uherutse kuvuga ko umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba afite umubyibuho ukabije.

Ni nyuma y’aho urukiko ku wa 4 Mutarama 2022 rutegekeye ko uyu mwanditsi afungurwa, ariko kugeza ubu inzego za Uganda zishinzwe umutekano zikaba zaranze kumufungura.

Ambasade ya Uganda kuri uyu wa 6 Mutarama, yatangarije ku rubuga rwa Twitter ko irimo gukurikirana iki kibazo, inasaba ko Kakwenza agomba gufungurwa.

Yagize iti: “Tuzi cyane ko inzego zishinzwe umutekano zitarubahiriza itegeko ry’umucamanza ryo ku wa 4 Mutarama ryo “kurekura nta gishingiweho” Kakwenza Rukirabashaija. Agomba gufungurwa.”

Iyi Ambasade ivuga ko imiryango yigenga iharanira inyungu z’abaturage, abaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, abo mu mashyaka ya politiki, abanditsi, abanyamakuru; bose bagira uruhare mu guharanira ihame rya demukarasi, bagomba kwemererwa gukora akazi kabo babohotse, nta gutotezwa.

Rukirabashaija yatawe muri yombi n’abamubwiye ko ari abapolisi tariki ya 28 Ukuboza 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *