Ibiro Ntaramakuru Yonhap biravuga ko umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Koreya y’Epfo yatewe icyuma mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Busan uri ku cyambu.
Lee Jae-myung, watsinzwe mu matora ya perezida mu 2022, yatewe icyuma ku ruhande rw’ibumoso rw’ijosi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.
Uwakoze iki gitero yafatiwe aho.
Raporo zivuga ko Lee yagize igikomere cya 1cm kandi yavuriwe mu bitaro yumva. Polisi yavuze ko igikomere cye kitari icyamutwara ubuzima.
Uwagabye igitero bigaragaraga ko ari umugabo uri mu kigero cy’imyaka 50 cyangwa 60, bivugwa ko yegereye Lee amusaba autographe, mbere yo kumutera icyuma.
Amashusho y’igitero yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana ko Lee yabanje kuzungera mu mbaga y’abantu hanyuma yikubita hasi, mu gihe abantu benshi bageragezaga kubuza uwagabye igitero guhunga. Amafoto nyuma yerekana Lee aryamye hasi amaso afunze mu gihe umuntu yai atsindagiye igitambaro ku ijosi rya Lee ngo amaraso atamushiramo.
Yonhap yavuze ko yajyanywe mu bitaro mu ndege ya kajugujugu.

Lee, w’imyaka 59, ayoboye ishyaka riharanira demokarasi rya Koreya. Kugeza ubu ntabwo ari umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Koreya y’Epfo ariko biteganijwe ko aziyamamariza umwanya mu matora rusange ataha, azaba muri Mata 2024.


