Uvira: Major Katembo wishe umunyamategeko, yakatiwe icya burundu

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa gisirikare rwa Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwakatiye igifungo cya burundu umusirikare Major Jean Pierre Sivinaviro Ketembo uherutse kwica umunyamategeko witwa Rodrigue Aramba.

Ni urubanza rwakurikiye imyigaragambyo ikomeye y’abaturage, basabaga ko uyu musirikare agezwa imbere y’ubutabera kugira ngo aryozwe iki cyaha yakoreye mu ruhame.

Muri iyi myigaragambyo, abaturage bafunze imihanda, banatwika sitasiyo nto ya Polisi.

Usibye n’ibyo kandi, Maj. Katembo yanaciwe indishyi y’amadolari ya Amerika 800,000 arimo ayo agomba guha umuryango umugore wa Me Aramba witwa Clémence Kisoke.

Maj. Katembo wari wasinze, yarasiye Me Aramba mu gace ka Mulongwe muri Uvira tariki ya 13 Gicurasi 2021, nyuma abasirikare bamuta muri yombi, bamufungira muri kasho yaho.

Me Aramba yapfuye afite imyaka 32 y’amavuko, akaba yarabyaranye na Kisoke abana batanu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *