Uvira: Umusirikare mukuru wa FARDC yakatiwe igihano cy’urupfu azira umugore

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare mukuru wa FARDC ku wa Gatanu, itariki ya 11 Gashyantare yakatiwe urwo gupfa, n’urukiko rwa gisirikare rwa Minova, muri Uvira (Kivu y’Amajyepfo) aho icyaha cyakorewe. Ushinjwa, ufite ipeti rya kapiteni, yari akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we.

Uyu musirikare yarashe umugore we, mu nzu ye ku ya 28 Mutarama. Yarafashwe, ashyikirizwa urukiko rwa gisirikare. Usibye icyaha cyo kwica, umushinjacyaha yanamushinjaga ibyaha byo kutubahiriza amabwiriza no gukwirakwiza intwaro z’intambara.

Urubanza rwamaze iminsi itatu nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.

Umwanzuro w’igihano cy’urupfu uherekejwe no kwishyura indishyi z’amadorari ibihumbi makumyabiri na bitanu by’amadorari y’Amerika, afatanije na Leta ya Congo, ku muryango w’uwahohotewe, ugizwe n’igice kitegamiye kuri leta.

Uyu mwanzuro kandi wari utegerejwe cyane n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Kivu y’Amajyepfo. Uwahohotewe yari Umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ukomoka muri Minova akaba n’umufatanyabikorwa wa Panzi Foundation mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *