Uwahiritse ubutegetsi muri Mali yakozwe mu jisho mu nama ya CEDEAO

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi bo mu muryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO/ECOWAS bahagaritse Mali mu bihugu binyamuryango nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu cyumweru gishize ryakozwe n’igisirikare riyobowe na Col. Assimi Goïta na we wari muri iyo nama.

Iyi coup d’etat ni iya kabiri muri Mali mu mezi icyenda gusa, ingingo CEDEAO yagaragaje ko itakwihanganira n’ubwo Col. Assimi ashobora kuba atabyishimiye.

Col. Assimi Goïta wayoboye iryo hirikwa ry’ubutegetsi ubu akaba ari we Perezida w’inzibacyuho, yitabiriye inama yafatiwemo icyo cyemezo yabereye mu murwa mukuru Accra wa Ghana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ghana, Shirley Ayorkor Botchwey yabwiye abanyamakuru ko uwo muryango wasabye Mali ko ako kanya ishyiraho minisitiri w’intebe mushya w’umusivile kandi igakurikiza igihe cy’inzibacyuho cy’amezi 18.

Yavuze kandi ko Mali yasabwe gukoresha amatora ya perezida mu kwezi kwa kabiri mu 2022.

Ghana yavuze ko kugira ituze kwa Mali ari ingenzi kugira ngo Afurika y’uburengerazuba ihashye ibikorwa by’iterabwoba muri ako karere.

Col. Assimi Goïta w’imyaka 38 n’ubwo yari muri iyo nama, ntaho avuga ko agiye kubahiriza ibyo yasabwe n’icyemezo cya CEDEAO.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


XMA Header Image
Abayobozi ba ADEPR bateye ibuye mu gihuru\\Youtube si yabo barihuse\\Amadini agiye kwiyongera
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *