Capt James Oculu w’imyaka 66 y’amavuko, wahoze mu gisirikare cya Uganda, yafashwe n’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza, ashinjwa ubujura.
Capt James Oculu yafatiwe iwe mu gace ka Bukunjja, muri district ya Mayunge, n’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza. Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda muri aka gace yafatiwemo, Lt. Amos Nsamba, avuga ko Ocule abazwa ibijyanye n’imiti yakuwe mu bitaro byo mu Burasirazuba bwa Uganda mu izina rya UPDF, iyo miti amaze kuyakira, ngo Ocule yahise ayigurisha n’abandi bantu ku mafaranga make cyane.
Akomeza avuga ko Ocule yagiye yaka abaturage amafaranga ku ngufu ababwira ko azabinjiza mu gisirikare, abakuramo amafaranga asaga miliyoni 4.3 z’amashilingi ya Uganda.
Ikindi uyu wahoze ari umusirikare ashinjwa, ni ukwigana kashi y’ibiro bikuru bya gisirikare bishinzwe ibijyanye n’imiti ndetse n’ibindi byaha bijyanye n’ubujura. Imiti ashinjwa kwiba ngo imyinshi ni iya malaria.
Ibi birego byose, ngo nibyo byatumye urwego rw’iperereza ruta muri yombi Ocule ngo akorweho iperereza. Ubu afungiye muri kasho ya gisirikare i Magamaga.


